Uyoboye ingabo za EACRF, yagaragarije itangaza makuru ko biteye impungenge kohereza M23 muri Sabyinyo.
Yanditswe na Bruce Bahanda none tariki,22.04.2023, saa 12:20 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News dukesha Radio Okapi avuga ko ingabo za EACRF zakoranye ikiganiro nab’anyamakuru i Goma ho muntara ya Kivu Yaruguru.
Muriki kiganiro Maj Gen Jeff Nyagah, ubwo yaganiraga niritangaza makuru i Goma yagaragarije abamwunvaga ko adashyigikiye ko abarwanyi b’umutwe wa M23 bajya kuba muri Sabyinyo nyuma yo kuva mu duce bahoze bagenzura.
Mukwezi kwa 11/2022, ni bwo M23 yasabwe kuva mu duce twose bambuye ingabo zirwanira leta ya Kinshasa, hanyuma abarwanyi bawo bagasubira mu birindiro byawo biherereye mwishamba ryo mu gace ka Sabyinyo.
Umwanzuro usaba M23 kujya muri Sabyinyo wafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu by’akarere yabereye i Luanda muri Angola, tariki 23.11.2022.
Uwo mwanzuro uvuga ko mu gihe M23 yari kuzaba yageze muri Sabyinyo, hagombaga gushyirwaho agace abarwanyi bayo batagomba kurenga bigizwemo uruhare n’ingabo za EAC, iza MONUSCO n’iza leta ya Congo.
Kugeza ubu M23 yamaze kuva mu duce twinshi yahoze igenzura muri za Teritwari ya Rutshuru, Masisi na Nyiragongo; gusa ibyo kujya muri Sabyinyo nta byo ikozwa.
Umuvugizi wungirije w’uyu mutwe mu bya Politiki, Munyarugerero Canisius yakunze gutsemba ko M23 itazigera ijya kuba muri Sabyinyo; ngo kuko abayigize atari inyamaswa zo kujya kuba mwishamba.
Ni igitekerezo cyanashyigikiwe na Maj Gen Jeff Nyagah wagaragaje ko kariya gace gashobora gushira ubuzima bw’abarwanyi ba M23, mukaga.
Ubwo Gen Jeffe Nyagah, yabazwaga n’itangazamakuru impamvu uriya mutwe utigeze ujya muri Sabyinyo nk’uko wabisabwe yagize ati: “Mbere yo kohereza abantu muri Sabyinyo, mwabanje kuhategura? Mwe se mwigeze muba muri Sabyinyo? Murashaka ko abantu bapfira hariya? Ese ni iki giteganyirijwe imibereho yabo y’ubuzima?”
Gen Nyagah yavuze ko uko byagenda kose amahoro azagaruka muri Republika ya Democrasi ya Congo, ndetse na mugenzi we Kapata umwungirije biteguye kumena amaraso yabo kugira ngo kiriya gihugu cyongere gutekana.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Barohereza M23 muli sabyinyo gute bafite iwabo bavukiye?
Uwo General akomereze Aho ambwire reta ya congo yumve impamvu zimishikirano