Dr Denis Mukwege, Umuganga uzwi nkumuntu uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, abona kuba ababaye mu mitwe y’inyeshyamba nka Jean Pierre Bemba, Mbusa Nyamwisi, Lt Gen. Constant Ndima na Gen. Nduru Chaligonza barahawe akazi muri Leta ari amahitamo mabi yakozwe n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.
Bemba ni Minisitiri w’Ingabo, yamenyekanye cyane ubwo yari yarashinze umutwe witwaje intwaro wa MLC wakoreye muri RDC na Repubulika ya Centrafrica. Nyamwisi we ni Minisitiri ushinzwe ukwishyira hamwe mu karere, akaba yarabaye mu mutwe wa RCD-Goma.
Lt Gen Ndima we ni Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisirikare, akaba yarabaye umwe mu bayobozi b’umutwe wa MLC, naho Gen. Chaligonza wamusimbuye by’agateganyo mu gihe ari kubazwa n’urwego rw’iperereza i Kinshasa yabaye mu mutwe wa RDC-Kisangani na UPC.
Dr Mukwege ashingiye ku mateka y’aba banyapolitiki n’abasirikare, yatangaje ko hari abantu bazize ibikorwa byabo ubwo bari abayobozi cyangwa bari mu buyobozi bukuru bw’imitwe y’inyeshyamba, bityo ko batakabaye bahembwa imyanya muri Leta.
Afatiye urugero kuri Gen. Chaligonza, Dr Mukwege yavuze ko nk’uyu musirikare yavuzwe kenshi mu birego by’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, hamwe n’abandi barimo Thomas Lubanga na Bosco Ntaganda, bose baburanishijwe, bagakatirwa n’uru rukiko.
Yagarutse ku buryo Bemba na Nyamwisi bahawe imirimo ikomeye, asobanura ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bubeshya abaturage.
Ati: “Nyuma yo guha Bemba na Nyamwisi imyanya muri guverinoma, uku guha imirimo uwabaye inyeshyamba kurereka rubanda umuhigo utazagerwaho ku butegetsi bwa Tshisekedi. Amagambo ye n’ibikorwa bye biba bihabanye buri gihe kandi bishyira mu kaga igihugu cy’Abanyekongo.”
Dr Mukwege anenze iri tangwa ry’imirimo mu gihe ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi bwafashe icyemezo cyo kudashyira mu nzego z’igihugu, cyane iz’umutekano, abahoze mu mitwe y’inyeshyamba. Kiri mu byatumye abari abarwanyi ba M23 begura intwaro mu mpera z’umwaka wa 2021 basaba ko isezerano bahawe ryubahirizwa n’amasezerano ajanye no gucura Impunzi zose ndetse nokuzamurirwa mu Ntera kwabamwe murabo barwanyi.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.