Abasirikare ba Kenya ngo bagaragaye bafatanye muntoki n’umusirikare wa M23. Ibi ngo byababaje aba kongomani.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 03/08/2023, saa 5:20pm, Kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Aba basirikare ba Kenya bo mungabo za EAC z’ibarizwa Muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo, bafatanye muntoki n’umuvugizi wa M23, bwana Major Willy Ngoma. Aha akaba ari mugace ko muri Sake bari baherereye.
Uhagarariye Soseyete sivile, mubice bya teritware ya Nyiragongo, mu butumwa yohereje bwarimo ko yamaganye imikoranire yagaragaye idasanzwe y’ingabo z’Afrika y’iburasirazuba (EAC) nabo mu mutwe wa M23.
Uyu muyobozi wa Soseyete Sivile yerekanye ko izo ngabo z’akarere ziri mu nzira zo gutuma ubutaka bwabo bukomeza kuvogerwa nabo yise inyeshamba.
Nkuko yakomeje abigaragaza yavuze ko iz’ingabo za EAC zikomeza kuzana abo mu mutwe wa M23, bakaberekeza mubice bakuramo inzahabu yatanze urugero rwaho bakura umucanga mugace ka Nyundo.
Aho yanavuze ko aha hari imashini za EAC zivana umucanga kumusozi wa Nyundo homuri Localite ya Rwibiranga muri Groupement ya Buhumba.
Ikindi kandi nuko yagaragaje ko aba basirikare ba Kenya bo mungabo za EAC muri Kivu y’Amajyaruguru mu rwego rwa EAC banaganira cane n’ingabo za M23 ndetse ko nambere yuko binjira muribi bikorwa byo guseha uwo mucanga uri kumusozi wa Nyundo.
Ati: “Amakuru menshi avuga ko ingabo za Kenya ziganira cane naba barwanyi bomu mutwe wa M23.Turahamya ko bakorana ibiganiro naba sirikare bafite ipeti rya Colonel ndetse naba General.”
Hanyuma, ashimangira ko muribi bice hakunze kuba ubujura bw’ibiti ndetse no mu mirima y’abaturage.
Sosiyete sivile igasaba ko leta ya Kinshasa ikwiye kubashakira umutekano ndetse no kubarindira ibyabo. Maze aza gusaba ko aba basirikare bo mungabo za EAC bakwiye gukora inshingano zabo bashinzwe.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.