Abasirikare barenga 320 ba Sudani bahungiye mugihugu cya Tchad, ni nyuma y’intambara ikomeye irikubera muricho Gihugu.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 20.04.2023, saa 12:25 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera Kuri Minembwe Capital News, nuko Igihugu cya Tchad cyatangaje ko mugihugu cabo hahungiye abasirikare barenga 320, ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo zicyo Gihugu bwana Gen Daoud Yaya Brahim, yagize ati: “Bageze ku butaka bwacu Kuruyu wa mungu, twabambuye intwaro hanyuma barafungwa.”
Minisitiri w’ingabo yakomeje avuga ko abo basirikare bahisemo guhunga ku bwo gutinya ko bashobora kwicwa n’Ingabo zo mu mutwe witwara gisirikare wa Rapid Support Forces (RSF) umaze iminsi ibarigwa Kuntoki uhanganye n’Ingabo za Sudani ziyobowe na Gen Abdel Fattah al-Burhan.
Mungamba leta ya Tchad yafashe harimo gufunga imipaka yose ihuza iki gihugu na Sudani.
General Daoud Yaya Brahim yavuze ko Tchad idahangayikishijwe n’iriya ntambara kuko ari iy’abanya-Sudani ubwabo, yungamo ko icyo igihugu cye gishyize imbere ari ugukomeza kugira ubushishozi.
Kugeza ubu abantu babarirwa muri 270 ni bo bivugwa ko bamaze kugwa mu mirwano ikomeje gusakiranya Ingabo za Leta ya Sudani n’izo mu mutwe wa RSF.
Ibihumbi by’abanya-Sudani ku rundi ruhande bakomeje guhunga amasasu n’ibisasu bikomeje gusukwa i Khartoum no mu bindi bice by’igihugu, kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo imirwano yatangiraga hagati y’Ingabo za Gen Al-Burhan n’uwari icyegera cye, Gen Mohamed Hamdan Daglo uyobora RSF.
Aba bombi nibo bari bafatanyije kuyobora Sudani kuva muri 2021 ubwo Omar Al Bashir wari Perezida wa kiriya gihugu yahirikwaga ku butegetsi, gusa birangira bisanze bahanganye nyuma yo kutumvikana ku ngingo zirimo iyo kwinjiza RSF mu ngabo z’igihugu nk’imwe mu ngingo zikomeye zerekeye amasezerano yo gusubiza ubutegetsi abasivile.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.