Abagaba b’Ingabo z’ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Amajyepfo SADC baheruka guhurira mu nama yari igamije kwiga umugambi w’uko bafasha leta ya Kinshasa kwigobotora imitwe yitwaje imbunda harimo na M23.
Yanditswe na na Bruce Bahanda, kw’itariki 16.05.2023, saa 3:45 pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Hari myanzuro abakuru b’ibihugu bigize uyumuryango wa SADC, wo kohereza Ingabo zayo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo gufasha iki gihugu kumaraho imitwe yitwaje intwaro ikorera kubutaka bwo muburasirazuba bw’icogihu.
Uwo mwanzuro wafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yabereye i Windhoek muri Namibie, ku wa Mbere tariki ya 08.05.2023.
Mbere y’iyi nama, hari habanje kuba indi nama ya Komisiyo idasanzwe y’Ingabo za SADC. Ni inama yabaye ku wa Gatandatu tariki ya 06.05.2023, ikaba yari iyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Namibie, Air Marshal Martin Kambulu Pinehas.
Ikinyamakuru Africa Intelligence mu nyandiko y’ibanga y’ibyabereye muri iriya nama kivuga ko cyabonye, cyanditse ko abayitabiriye baganiriye ku mutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’Ingabo za Congo (FARDC).
Mu rwego rwo gufasha FARDC kwigobotora uyu mutwe, hatanzwe ibitekerezo bibiri birimo icy’uko SADC yakohereza Ingabo zayo muri Congo; cyangwa igafasha mu buryo buziguye Ingabo za Congo (FARDC).
Icyifuzo cya mbere byarangiye ari cyo giherewe umugisha mu nama Troïka yahurije abakuru b’ibihugu bigize SADC mu murwa mukuru wa Namibie, ku wa 08.05.2023.
Nk’uko abashinzwe gupanga gahunda yo kohereza muri Republika ya Demokarasi ya Congo, Ingabo babigaragaje, Ingabo za SADC zizoherezwayo ngo zigomba guhabwa ibikoresho bihagije bya gisirikare, indege z’intambara ndetse zikanubakirwa ubushobozi buhagije mu byerekeye ubutasi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Christophe Lutundula, aheruka gutangaza ko nta gihindutse Ingabo za SADC zizagera muri Congo hagati y’itariki ya 15 n’iya 20 z’ukwezi gutaha kwa gatandatu.
Kimweho haramakuru yemezwa avuga ko umuryango SADC, ko utavuga rumwe ku ngingo yo kurasa M23.
Ibi bibaye mugihe Umuvugizi w’igisirikare cya Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen Major Sylvain Ekenge atangaje ko umutwe wa M23 uri kwitegura kubura imirwano, mubice bya Teritware ya Masisi.
Yabitangaje mugihe Major Willy Ngoma, Umuvugizi w’Igisirikare ca M23, nawe yabanjirije uwigisirikare ca Republika ya Demokarasi ya Congo ko Fardc irimo kwisuganya mubice baherereyemo kugira ngo barwanye M23 maze Willy Ngoma, avuga ko nabo batazifumbata ngo baceceke.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.