Uhuru Kenyatta ari mu ruzinduko muri Uganda aho agiye kuganira na Gen Muhoozi Kainarugab a, kukibazo cya M23.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 08/08/2023, saa 7:00Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Uhuru Kenyatta, wahoze ari Perezida wa Kenya ari mu ruzinduko muri Uganda arashaka igisubizo cya M23 nk’umuhuza w’Abanyekongo washyizweho n’akarere, yahuye n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’umujyanama we mu bikorwa byihariye bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba usanzwe ashigikira uyu mutwe witwaje intwaro.
Uyu munyapolitiki wabaye Perezida wa Kenya yageze muri Uganda tariki ya 5/08/2023. Kumunsi w’ejo hashize tariki 7/08/2023, Perezida Museveni yatangaje ko bombi bayoboye ibiganiro by’amahoro byabereye muri Entebbe, bikaba byanitabiriwe n’abafatanyabikorwa.
Uyu munsi ku gicamunsi byamenyekanye ko Uhuru yaganiriye n’uyu musirikare usanzwe amwita mukuru we. Na we bahuriye muri Entebbe nyuma y’iyi nama ariko ibyo baganiriye ntabwo byashyizwe hanze.
Kuva mu ntangiriro z’umwaka ushize, hashize igihe gito abarwanyi ba M23 beguye intwaro, Gen. Kainerugaba yasabiye guhabwa umwanya, ukajya mu mishyikirano, asaba umuryango wa Afrika y’iburasirazuba gukemura ikibazo cyawo.
Mu butumwa yashyize kuri Twitter tariki ya 22/03/2023, yagize ati: “Kuba Umututsi, Umuhema, Umuhima cyangwa Umunyamulenge ntabwo ari icyaha ! M23 imaze imyaka myinshi ishaka ibiganiro by’amahoro. Umuryango wa Afrika y’iburasirazuba ukwiye gutanga ubufasha mu gukemura iki kibazo. Abatutsi mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa ntibakwiye guhohoterwa. Ingaruka zaba mbi cyane.”
Ubu butumwa Gen. Kainerugaba yabugeneye umuryango w’akarere ka Afrika y’iburasirazuba mu gihe ibihugu biwugize byiteguraga kohereza ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Democrasi ya Congo kugira ngo zirwanye imitwe yitwaje intwaro irimo M23.
Uhuru we, nk’umuhuza, na we asaba impande zihanganye kugirana imishikirano, ariko akabanza asaba abarwanyi ba M23 kurambika intwaro, bakajya gucumbikirwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo; ibintu badakozwa mu gihe Leta RDC na yo itemera kugirana nabo ibiganiro.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.