Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 03/08/2023, saa 7:10pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Perezida Evariste Ndayishimiye, w’u Burundi, we ubwe ngo agiye kwinjira mu nkiko mu gihugu abereye umukuru w’igihugu n’imugihe ashinja abacamanza guca imanza uko bidakwiye.
Nkuko yabyivugiye yavuze ko yateguje abavoka bazamufasha kuburana n’abacamanza banze kuburanisha imanza n’abo baziciriye ntibagenzure niba zarashyizwe mu bikorwa.
Ibi nibyo yatangarije abanyamakuru i Bujumbura harigihe cyisaha zu mugoroba wokur’uyumunsi tariki 03/08/2023, akaba yaravuye mu ruzinduko yagiriye mu Burusiya, u Bushinwa na Ethiopia.
Uyu Mukuru w’Igihugu yasobanuye ko ubwo yari mu gikorwa cyo gutangira kuburanisha imanza zitaburanishijwe mu ntara ya Karusi, yatunguwe no kubona hari abantu benshi barenganyijwe n’abacamanza.
Perezida Ndayishimiye yibukije ko yasabye aba bacamanza kuburanisha izi manza byihuse, kandi ngo ateganya gusubirayo kugira ngo niba baramaze kuziburanisha, anagaragaza ko ateganya kurega abo azasanga batarabikora.
Yagize ati: “Mu minsi ishize mwabonye njya gutangiza ishyirwa mu bikorwa ry’imanza i Karusi. Nabonye ibara naho, ubu bucya ndasubirayo, njye kureba ko bashyiriye mu bikorwa abo nasanze bararenganyije. Abacamanza babimenye, njyewe ndi umunyamategeko. Mu gitabo mpanabyaha hari ingingo ihana umucamanza wanze guca urubanza.”
Ndayishimiye yakomeje agira ati: “Kwanga guca urubanza ni cyo kimwe no kuruca, nturushyire mu bikorwa. Reka rero ntangire kuburana, ndagira nshake abavoka, tuburane nta kundi. Tuburane! Kuko nasanze bashaka kwica u Burundi.”
Perezida w’u Burundi yatangaje ko agiye gushakisha abandi bantu barimo abayobozi bafashe ibibanza mu mijyi, bakabizamurira ibiciro uko bishakiye. Yabateguje ko bazafungirwa muri gereza nkuru ya Mpimba nk’uko n’abandi bigize ‘ibihangange’ byabagendekeye.
Yasabye Abarundi ko bakwiha intego, ibi bibazo byose, cyane cyane ibimunga ubukungu n’ubutabera bikarengirana n’uyu mwaka.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.