Major Willy Ngoma, byavugwaga ko afunzwe yatunze agatoki ingabo za Republika ya Democrasi ya Congo (FARDC).
Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 28/07/2023, saa 1:10pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umuvugizi mubyagisirikare w’umutwe w’inyeshamba wa M23, Major Willy Ngoma, yongeye kuvugira mu ruhame nyuma y’iminsi b’ihwihwiswa ko yaba yaratawe muri yombi.
Uyu muvugizi wa M23 yari amaze iminsi acecetse, aho byatumye hari abakoresha imbuga nkoranyambaga, bagendera ku kubura kwe bakwirakwiza amakuru y’uko afunzwe cyangwa akaba yaranapfiriye ku rugamba.
Major Willy Ngoma kuri uyu wa 28/07/2023 yagize ati: “Bitandukanye n’ibyavugiwe byose kuri interineti, meza neza kandi ndi umukozi w’umwizerwa wa M23.”
Yanavuze k’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akunze kw’ita iyabahenzanguni uburyo iyi leta ikomeje kwanga imishyikirano ibahuza nabo.
Yagize ati: “Twebwe dukeneye amahoro, dukeneye ibiganiro mu buryo butaziguye, twabibwiye Leta ya RDC. Iyi ni leta ikunda akaduruvayo kubera impamvu yateguwe. Niduterwa tuzirwanaho, ariko dukeneye ibiganiro. Nikomeza kubyanga, gahunda ya Rumangabo ntizaba itureba.”
Abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC) bafatiye M23 umwanzuro wo kujya gucumbikirwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo. Major willy Ngoma yavuze ko bitazigera bibaho mu gihe Leta ya RDC yaba itaremera ibiganiro.
Ati: “Nyuma y’ibiganiro ni bwo tuzareba. Ibyo birasobanutse.”
Major Willy Ngoma yavuze ko M23 yubahirije ihagarikwa ry’imirwano gusa ngo ingabo za Leta ntabwo zabyubahirije.
Yagize ati : “Ingabo za Fardc ntabwo mwagakwiye gukina n’umuriro kandi muwuruzi.”
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Verry interrested by your publications !