Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 27/07/2023, saa 8:20Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Mugitondo cyo kumunsi w’ejo hashize abasirikare n’abashinzwe umutekano wa Perezida wa Niger, Mohamed Bazoum, bari bafunze imihanda yose yerekeza ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu. N’imugihe bari bahawe amakuru ko perezida yafungiwe mu nzu mu mugambi wo kumuhirika ku butegetsi.
Abenshi babibonye bemeza ko ari igikorwa kigamije gushaka guhirika ubutegetsi buyobowe na Mohamed Bazoum.
Umwe mu basirikare bakorera mu karere yabwiye itangaza makuru rya Jeune Afrique ko Perezida Mohamed Bazoum afungiye mu rugo iwe ndetse ari mu biganiro by’ubwumvikane n’abasirikare bashaka kumuhirika ku butegetsi.
Undi musirikare wa hafi mu Biro bya Perezida Bazoum yatangaje ko ubuzima bw’Umukuru w’Igihugu bumeze neza, ndetse ari mu biganiro n’abasirikare bagize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwe.
Amakuru yizewe ahamya ko Perezida Bazoum yateganyaga gusimbuza Omar Tchiani mu mwanya arimo. Uyu yari Umuyobozi ukuriye Abashinzwe Umutekano barinda Perezida, wari muri izi nshingano ku butegetsi bwa Mahamadou Issoufou wavuyeho mumwaka wa 2021.
Kugeza saa Mbili byagaragaraga ko umutuzo umaze kugaruka ariko abahari bakavuga ko hakiri urujijo n’ubwo nta masasu yigeze yumvikana.
Niger ni kimwe mu bihugu byo mu Gace ka Sahel byari bikiyobowe n’umusivili, nyuma y’uko muri Mali na Burkina Faso abasirikare bahiritse ubutegetsi bakabushyira mu maboko yabo.
Perezida Bazoum na we muri iyi minsi yugarijwe n’ibibazo by’umutekano bishobora kuzasiga ingabo zimukuye mu mwanya w’umukuru w’igihugu.
Aha niho umukuru w’igihugu c’u Burundi, Evalist Ndayishimiye, yanenze ico gikorwa gishaka guhirika ubutegetsi bwa Mugenzi we muri Niger.
At: “Twiyamye ibyo b’ikorwa byumwijima byabashaka guhirika ubutegetsi muri leta ya Niger Kandi ndahamagarira abo bantu gutuza.”
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.