Gen Sergei Suroviki, womungabo z’u Burusiya, yatawe muri yombi azira umutwe wa Wagner.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 29/06/2023, saa 2:30pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umwe mubasirikare bakuru bomungabo z’u Burusiya General Sergei Suroviki akaba yari umuyobozi wungirije w’Ingabo z’u Burusiya ziri mu ntambara muri Ukraine, yatawe muri yombi azira ukwigumura k’umutwe wa Wagner.
Surovikin wamamaye kw’izina rya “General Armageddon”, ni umwe mu barwanye mu ntambara mu myaka yashize u Burusiya bwarwanye muri Chechnia na Syria. Perezida Vladimir Putin ni we wagiye amuzamura mu ntera.
Ikinyamakuru Moscow Times cyatangaje ko yatawe muri yombi ku wa Gatatu. Umwe mu bantu bo muri Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya watanze amakuru yise “gufata uruhande rwa Prigozhin” ubwo umwuka mubi wari wadutse hagati y’uyu mugabo washinze umutwe wa Wagner n’Igisirikare cy’u Burusiya yemeje neza ko afunzwe.
Umunyamakuru Vladimir Romanov ukunze kwandika inkuru za gisirikare na we yemeje itabwa muri yombi ry’uriya General.
Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo umutwe wa Wagner wigumuye ku gisirikare cy’u Burusiya.
Yevgeny Prigozhin washinze uriya mutwe w’abacancuro yari yarahiriye gusenya ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Burusiya, nyuma yo kuzishinja kugaba igitero cya misile ku barwanyi ba Wagner abenshi bagapfa.
Uyu mugabo wari warahiriye kujya i Moscou nyuma yo kwigarurira icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Burusiya kiri mu mujyi wa Rostov-on-Don, yisubiriye nyuma yo guhamagarwa kuri terefoni na Perezida Aleksandr Lukashenko wa Belarus wahise amwemerera ubuhungiro.
Ikigo ISW (Institute for the Study of War) gikorera i Washington DC muri Amerika cyatangaje ko kuriya kwigumura kwa Wagner kugomba gusiga abenshi mu bayobozi b’Ingabo z’u Burusiya birukanwe.
Ni nyuma y’uko bigaragaye ko hari bamwe mu basirikare bashyigikiye uriya mutwe.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) biheruka gusubiramo amagambo y’abayobozi batatu ba Amerika bavuga ko Gen Suroviki yari asanzwe ashyigikira umutwe wa Wagner, gusa bikaba bitazwi niba hari uruhare yaba yaragize mu kwigumura kwawo.
Ubwo uriya mutwe wigumura cyakora Gen Sergei Suroviki ari mu babaye aba mbere mu gusaba abarwanyi bawo gusubira mu birindiro byawo.
The New York Times na yo yatangaje ko Suroviki yari abizi ko Prigozhin arimo kwitegura, ndetse ko Leta y’u Burusiya imaze igihe ikora iperereza rigamije kumenya niba hari uruhare yaba yaragize mu gutuma uriya mutwe wigumura.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.