Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 14.05.2023, saa 1:45pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umutwe wa M23, urwanira ukubaho kwabo nababo, batangaje ko ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro bwa EAC, muri RDC, birengagije inshingano bahawe zokugarura amahoro mubice bagenzura biherereye muri Teritware ya Masisi.
President wa M23, Bertrand Bisimwa, ibi yabivuze uyumunsi tariki 14.05.2023, aho yavuze ko ahitwa Mushaki, bari barahasigiye ingabo z’Abarundi ngo zihagenzure wari warasigiye ingabo z’u Burundi ngo zikagenzure atariko aka gace ka kugenzurwa n’ihuriro ry’ingabo za RDC, Nyatura, FDLR na Mai Mai.
Yagize ati: “Kuva tariki 13.05.2023, ihuriro ry’ingabo za leta ya Kinshasa, arizo FARDC, Nyatura, Mai Mai na FDLR, aribo bari kugenzura aka gace ka Mushaki.Kandi ingabo zacu twari twahasigiye ingabo za EAC nka [zone tampon]. Ibi rero ni ugutandukira gukomeye kw’ubushake n’imyanzuro ya EAC.”
Bwana Bisimwa, umuyobozi wa M23, mu rwego rwa politiki yavuze kandi ko abaturage baturiye Mushaki, bamaze iminsi bahunga kubera ko bahohoterwa n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC, Wazalendo na FDLR), ntibahabwe uburinzi cyangwa ubundi bufasha.
Itangazo rya Bisimwa riremeza amakuru amaze iminsi aturuka muri Teritware ya Masisi, avuga ko ingabo z’u Burundi zemerera FARDC, Mai Mai, FDLR na Nyatura, kwinjira mu bice basigiwe na M23. Harandi makuru amaze iminsi avugwa ko hari imikoranire yabugufi hagati y’impande zombi(FARDC na FDNB), hashingiwe ku bwumvikane bw’ubutegetsi bw’ibihugu byombi.
Aya makuru kandi akagereranywa no kuba President wa Republika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ubwo yari mu nama ya SADC, yeruye akavuga ko ingabo z’ibihugu byo muri EAC (Kenya, Uganda na Sudani y’Epfo) nta musaruro zatanze, maze Tshisekedi ashimira iz’u Burundi gusa.
Ingabo z’u Burundi zigenzura Mushaki n’ibindi bice byari byarafashwe na M23 muri Masisi kuva mukwezi kwa 2, uyumwaka wa 2023.
Mumasezerano yarihagati yimpande zihanganye muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, nuko Ingabo za M23 zagombaga kuva mubice zari zari garuriye ibi bice bikaza gufatwa ningabo za EAC, bitaba ibyo M23 ikongera kubura Intwaro nkuko byavugwaga.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.