Ingabo z’u Burundi ziri mubutumwa bwamahoro muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo, bararegwa kutubahiriza amasezerano ya EAC ahubwo bagakorera mugitsure cya leta ya Kinshasa.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 04.05.2023. Saa 7:55 pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ingabo ziri mubutumwa bwa mahoro muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo, zikomoka mugihugu c’u Burundi zirashinjwa gukorera mugitsure cya leta ya President Félix Antoine Tshisekedi.
Izingabo zikomoka mugihugu c’u Burundi, zikaba zaratumwe muburasirazuba bw’ikigihugu murwego rwamasezerano y’ibihugu bigize umuryango wa Africa y’iburasirazuba (EAC).
Ibyo ingabo z’Abarundi zishinjwa akaba aribyo byatumye Major Gen Jeff Nyagah, yaba yarasezeye kuyobora ibikorwa byingabo za EACRF muri Kivu y’amajyaruguru, nkuko yabyivugiye mwibarua yanditse yogusezera aho yavuze ko ari mugushigwaho igitutu cyo gukora ibinyuranye ninshingano cangwa ububasha yahawe na EAC.
Mumakuru twahawe numwe mubaturage baturiye Kivu ya Majyaruguru ho muri Teritware ya Masisi, yagize ati: “Har’Inka zirenga 300 ziheruka kwicwa muri Teritware ya Masisi, iz’Inka zishwe kandi zirihafi n’ingabo za Barundi ziri mubutumwa bwamahoro muburasirazuba bw’ikigihugu.”
Nkuko yakomeje abwira MCN, yasobanuye avuga ati: “Abazi ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu by’umutekano hagati y’u Burundi na Republika ya Democrasi ya Congo baremeza ko ingabo zabwo zoherejwe mu butumwa bwa EAC zirimo gukorera mu nyungu za Leta ya Kinshasa aho gukora icyazijyanye.”
Kugeza ubu Ibihugu bimaze kohereza abasirikare babo muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo, nib’Ihugu bine(4), Kenya, Uburundi, Uganda na Sudan y’Epfo.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.