Amabanga yose ya Depite Mwangachuchu yamaze kuja hanze.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 12.04.2023, saa 6:25 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ubushinjacyaha muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwagaragaje ko iperereza ryavumbuye amabanga akomeye ya depite Mwangachuchu Eduard, ushinjwa gukorana n’u Rwanda n’imitwe y’inyeshyamba yakomeje guca ibintu muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo.
Depite Edouard Mwangachuchu yashinjwe gukorana bya hafi na leta ya Kigali, Depite Edouard Mwangachuchu yafunzwe mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatatu umwaka wa 2023.
Ubushinjacyaha bw’igisirikari bumurega ibyaha birimo kugambanira igihugu no gutunga imbunda iwe murugo bitemewe n’amategeko.
Ubu bushinjacyaha bw’igisirikare buvuga ko hari ibindi bikoresho bya Gisirikare byasanzwe mu rugo rwe i Kinshasa kumurwa mukuru wa Congo.
Ikindi Kandi ashinjwa gukorana n’umutwe winyeshamba wa M23 uhanganye nigisirikare ca Leta ya Congo (FARDC), umutwe Leta ya Congo ishinja gufashwa nigihugu cy’u Rwanda.
Imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, mu iburanisha ryo kuri uyu wakabiri tariki 11.04..2023, hagaragajwe raporo y’ibintu bifitanye isano n’ibivugwa ko byafatanywe Depite Mwangachuchu ushinjwa gukorana n’u Rwanda n’indi mitwe yitwara gisirikare muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo.
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Urwego rushinzwe iperereza muri Congo “ANR” rugaragaza ko “Mwangachuchu afitanye isano rya bugufi nigihugu c’Urwanda, afite ibikorwa byinshi mu Rwanda, umunyamuryango wa Diaspora Nyarwanda ndetse akaba n’umunyamigabane muri Rwandair witabira inama z’iyo sosiyete”
Mu byavumbuwe ngo Depite Mwangachuchu “yateganyaga kubaka inzu mu Murenge wa Remera muri Kigali, yasabye uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga mu Rwanda ndetse n’umugambi wo gusahura umutungo wa Congo awuzana mu Rwanda.”
Hafunguwe isanduku ya Mwangachuchu byavugwaga ko yari ibitsemo ibimenyetso byakwifashishwa mu kumushinja. Ngo hagaragayemo ibirimo passport nibindi hamwe nizindi Passport 5 z’umugore we, gusa ntihavuzwe ibihugu zaturutsemo.
Muri uru rubanza hagaragajwe amasasu 42, inkoni y’amashanyarazi, icyemezo cyo kwandikisha imbunda yo kwirwanaho cyatanzwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Congo n’icyemezo cy’ibizamini bya Covid-19 cyatangiwe mu Rwanda mumwaka wa 2019.
Hagaragajwe kandi ko itsinda ry’abapolisi bacungaga umutekano wa Mwangachuchu n’inyungu ze biganjemo abahoze mumutwe wa CNDP wokwa Gen Laurent Nkunda n’umutwe wa M23 ndetse ko bari bafite intwaro zikomeye batahawe na Polisi y’Igihugu.
Ubushinjacyaha bwavuze ko hari raporo y’Inama y’Igihugu y’umutekano yo mumwaka wa 2022 ku mutekano wo muri Kivu y’Amajyaruguru yagaragaje ko itsinda ryarindaga Depite Mwangachuchu rigizwe n’abapolisi bo mu bwoko bw’Abatutsi gusa.
Ubushinjacyaha bwagize buti “Ibi bintu bidufasha gukurikirana Mwangachuchu kubera gutunga intwaro n’amasasu mu buryo butemewe n’amategeko, kugira uruhare mu myigaragambyo yo guha inyeshyamba intwaro n’ubutasi.”
Mu kwiregura, Depite Mwangachuchu yemeje ko ari umunyecongo w’ukuri ko adashobora guhemukira igihugu cye.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.