Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yasenze isengeaho asaba Imana gukoresha imbaraga zayo, ikageza ubwumvikane ku mpande zihanganye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo nk’uko byagenze muri Ethiopia na Sudani y’Epfo.
Iri sengesho yaritangiye i Vatican kuri uyu wamungu tariki 09.04.2023, ubwo yayoboraga iteraniro rya Pasika. Ati: “Huriza hamwe inzira y’amahoro n’ubwumvikane yakoreshejwe muri Ethiopia na Sudani y’Epfo, uhagarike imirwano muri Repubulika ya demukarasi ya Congo.”
Muri iri sengesho kandi, yasabye Imana gukemura ibibazo biri no mu bindi bihugu bitandukanye ku Isi, cyane cyane ibyugarijwe n’umutekano .
Andi makuru Kuri Congo Kinshasa nuko Président wa Republika ya democrasi ya Congo, bwana Félix Tshisekedi, yohereje intumwa ye yihariye, Prof Serge Tshibangu, mugihugu ca Zimbabwe, aho yajyaniye Président Emerson Mnangagwa ubutumwa.
Intumwa yihariye ya Président Tshisekedi, Prof Tshibangu yageze muri Zimbabwe tariki ya 07.04.2023, aha Mnangagwa ubutumwa bujyanye no gukomeza ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bijyanye n’amahoro, nk’uko yabisobanuriye itangazamakuru.
Yagize ati: “Twazaniye Nyakubahwa Bwana President Mnangagwa ubutumwa bwamugenzi we, Nyakubahwa Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demukarasi ya Congo. Ni ubutumwa bw’amahoro bugamije gukomeza ubufatanye hagati y’abatuye ibihugu byombi; aba Zimbabwe n’aba Republika ya democrasi ya Congo (RDC).”
Président Tshisekedi akunze kwifashisha Tshibangu mu butumwa bwerekeye ku bibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo (RDC), akaba ari na we umuhagararira mu mishyikirano y’amahoro ihuza ubutegetsi n’imitwe yitwaje intwaro muribi bice biri Muburengerazuba bw’ikigihugu ca Congo Kinshasa.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.