Leta ya Republika ya democrasi ya Congo (RDC), ifite urwikekwe ku ngabo za Uganda na Sudani y’Amajyepfo
Abayobozi ba Repubulika ya demukarasi ya Congo bakomeje kugaragaza urwikekwe ku ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba, EAC, by’umwihariko iza Uganda n’iza Sudani y’Epfo zinjiye vuba mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Urwikekwe rumaze iminsi ndetse byanavuzwe na Président Félix Tshisekedi, tariki 09.03.2023 ubwo yahuriraga na komanda w’ingabo za EAC, Maj. Gen Jeff Nyagah, hamwe n’abandi bayobozi i Bujumbura mu Burundi.
Icyo gihe, Tshisekedi mu mvugo yakoresheje yabwiye Gen Nyagah ko ingabo za EAC zidashaka kurasa umutwe witwaje intwaro wa M23, aho kuwurwanya, amuteguza ko Abanyekongo bazarwanya ubutumwa bwabo mu gihe batakora ibyo bifuza.
Nk’uko byumvikanye muri videwo yabo bagabo bombi yasakaye mu binyamakuru, Tshisekedi wari urakaye cyane yabwiye Gen Major Nyagah ati: “Ntimubebere umutwe wa M23. Byaba biteye isoni abaturage babibasiye. Mwaje kudufasha, ntabwo mwaje kugira ibibazo. Mwitondere ibi, mukorane n’abaturage.”
Ingabo za Uganda n’iza Sudani y’Epfo nizo ziheruka kwambuka muri Congo nyuma murubu butumwa bwamahoro muburasirazuba bw’iki gihugu.
Ingabo z’u Burundi n’iza Kenya ni zo zateye iya mbere zitabira ubutumwa bwa EAC muri Republika ya democrasi ya Congo (RDC), gusa bivugwa ko iza Uganda n’iza Sudani y’Epfo zari zimaze igihe zitegura zitemerewe kwinjira muri iki gihugu cyugarijwe n’umutekano muke mu mpera z’umwaka ushize.
Maze birangira, iza Sudani y’Epfo zoherejwe na Président Salva Kiir zageze i Goma tariki ya 03.04.2023, nyuma y’aho n’iza Uganda zinjiriye i Bunagana tariki ya 29.03.2023.
Nk’uko bigaragara muri iyi baruwa, Biosha yavuze ko aya makuru yaturutse ahitwa Buyora na Baswaga muri teritwari ya Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, ngo ingabo za Sudani y’Epfo na Uganda zikaba zitegurira muri utu duce gufasha M23.
Yanzuye avuga ko ibihugu by’inshuti biri gutera RDC umugongo kandi ari ikibazo gikomeye cyane gisaba kugikurikiranira hafi.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.