Visi President wa America yageze kumugabane wa Afrika.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 27.03.2023, nasaa 1:45PM kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News nuko visi President wa Amerika Kamala Harris ari muri Afurika mu ruzinduko rw’akazi mubijanye nubucuruzi.
Kamala Harris, wamaze Kugera kubutaka bwa Africa, muruzinduko rurebana nubucuruzi kuruyu mugabane wa Afurika. Akimara kugera muri Ghana, yavuze ko Amerika igamije kongera ishoramari muri Afurika mu rwego rwo gufasha gushimangira ubukungu bwayo kuruyu mugabane.
Ibi byavuzwe ko Amerika ishaka kugabanya ingaruka z’Uburusiya n’Ubushinwa ku mugabane wa Afurika.
Uyumudamu Harris, muruzinduko rwe rwakazi kumugabane wa Afrika yatangiriye mugihugu ca Gana, biteganijwe kandi ko azasura Zambiya na Tanzaniya.
Harris yavuze kandi ko uruzinduko rwe rutagamije gusa ubucuruzi ahubwo ko ashaka guteza imbere ubucuti hagati y’Amerika n’ibihugu bya Afurika avuga ko ubushuti bwabo bwahozeho kuva kera.
Ubuyobozi bwa President Biden bugerageza kugabanya ingaruka za Vradimir Putin na Xi Jinping, nimugihe ibi bihugu bibiri Ubushinwa n’Uburusiya barimo bashora imbaraga zabo kuruyu mugabane imari zabo kugira bigarurire abanya frika, dore ko Igihugu c’Uburusiya co kimaze gushira ibikorwa byabo remezo mubihugu bya Afurika, harimo gutoza bamwe mu basirikare bo muribi bihugu biri kuruyu mugabane wa Afrika binyuze mu itsinda rya Wagner, aha twavuga nko muri Congo Kinshasa nahandi.
Uruzinduko rwa Harris muri Afurika ruje nyuma y’iminsi mike urwa minisitiri w’ububanyi n’amahanga Antony Bliken n’umudamu wa mbere wa America Jill Biden nabo bari bavuye muri Afrika.
Iki cyemezo kandi kibaye nyuma y’uko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Uburusiya Serge Lavrov asuye ibihugu bimwe na bimwe byo muri Afurika, Uburusiya busa nkaho bushora imari mu bibazo by’umutekano cyane cyane mu bihugu byo muri Afurika yo hagati niyiburengerazuba.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.