Gen Muhoozi Kainarugaba, yamaze kwerura ko azahatanira amatora yumukuru w’igihugu ca Uganda umwaka wa 2026.
None Tariki 16.03.2023, Minembwe Capital News, yamaze kwakira aya makuru ko Muhoozi Kainarugaba, azahatanira amatora yumukuru w’igihugu ateganijwe murico gihugu, namakuru dukesha inyandiko Gen Muhoozi Kainarugaba, yacishije kurukuta rwe rwa Twitter ndetse n’ikinyamakuru ca Uganda c’Itwa Daily Monitor.
Gen Muhoozi Kaikarugaba, umuhungu wa Yoweri Kaguta Museveni yabyeruye abibwira Uganda nabaturiye iki gihugu ko afite inyota yokuyobora Igihugu ce. Mbere yabanjye kwamagana igisekuru cy’a papa wiwe Yoweri Kaguta Museveni na se wabo, Gen Salim Saleh babarizwa murico gisekuru, avuga ko gikomeje kwiganza mu buyobozi kurusha urubyiruko ubwo yongeraga kugaragaza inyota afitiye ubutegetsi .
Bwana Gen Muhoozi Kainarugaba, umusirikare wa bayeho mubakuru ba UPDF bivugwa ko afite imyaka 48, anzwe ari n’umujyanama wihariye wa President Museveni, ikindi nuko azwiho i bikorwa bidasanzwe yakoze mubihe bishize, uyumunsi yatangaje ko yategereje bihagije igihe cye cyo kuyobora Uganda kuko igihe gisa nk’icyihuta kuri we ! iyi ninkuru dukesha ikinyamakuru ca Daily Monitor.
Muhoozi yagize ati : “Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza afite imyaka 42, naho Minisitiri w’intebe wa Finland afite imyaka 37. naho twe ko turakabakaba imyaka 50. Turambiwe gutegereza ubuziraherezo. Tuzahagarara! Fidel Castro, Intwari yanjye, yabaye President afite imyaka 32. Ariko njye hafi kugira imyaka 49. Ntabwo rwose ari byiza. Ubuyobozi bw’igihugu bukwiye abasore. Ni bangahe bemeranya nanjye ko igihe cyacu kigeze? Igihe abasaza bamaze badutegeka kirahagije. Batuyobora. Igihe kirageze kugirango urungano rwacu rurabagirane.” Uyu ni Gen.. Muhoozi wahoze ari umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka za Uganda.
Yakomeje agira ati “Mwifuje ko mbivuga iteka! Nibyiza, mw’izina rya Yesu kristu Mana yanjye, mw’izina ry’urubyiruko rwose rwa Uganda ndetse n’Isi ndetse no mw’izina ry’impinduramatwara yacu ikomeye, nzahatanira kuba President mumwaka wa 2026! ”
Gen Muhoozi, wakunze kunenga ku mugaragaro abayoboke b’ishyaka rya se, ishyaka riri ku butegetsi (NRM) kuva mu 1986 igihe Museveni yafataga ubutegetsi nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Obote.
Muhoozi kandi yasezeranije ko igihugu ce kitazigera kigira ruswa mugihe bazaba baramutse bamutoye kuyobora iki gihugu.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.