Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyafatiye abapolisi babiri bo mu gihugu cya Sudan y’Epfo, ku butaka bw’iki gihugu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 03/07/2024, abapolisi babiri bo mu gihugu cya Sudan y’Epfo, bafatiwe ku butaka bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bahinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Amakuru arambuye yatanzwe n’urwego rw’igisirikare rushinzwe gutangaza amakuru muri iy’i Ntara ya Bas-Uele, rwavuze ko aba bapolisi bo mu gihugu cya Sudan y’Epfo, ko binjiye muri iki gihugu bashaka gushimuta abaturage bafitanye amakimbirane.
Agace bafatiwemo kakaba gaherereye mu Ntara ya Bas-Uele.
Nk’uko uru rwego rw’igisirikare rwabitangaje n’uko bariya bapolisi bafashwe n’ingabo za RDC zo muri Batayo izwi kw’izina rya FIR. Kandi ko bafashwe mu gihe iz’ingabo za leta ya Kinshasa zarimo zihiga imitwe y’inyeshamba ikunze guhungabanya umutekano mu bice bya Waliwa na Faradja.
Uru rwego rw’igisirikare kandi rwasobanuye ko aba bapolisi bafatanwe imbunda zibiri zo mu bwoko bwa AK-47 n’amasasu 57.
Rukomeza ruvuga ko umuturage aba bapolisi bari bagamije gushimuta yitwa Nyaro Runaka, ufite ubwenegihugu bwa RDC, ariko akaba afite amamuko mu gihugu cya Sudan y’Epfo. Kuri ubu aba bapolisi bajanywe i Durba, ahari icyicaro cy’ingabo za karere ka Bas-Uele.
Mu busanzwe muri iy’i Ntara ya Bas-Uele ipakanye na Sudan y’Epfo, hakunze kuvuka ibibazo bifitanye isano n’ibyo, gusa ubutegetsi bwa Kinshasa bwakunze kugenda busezeranya kuzakemura ibyo bibazo burundu, ariko kugeza ubu biracyabangamiye benshi ku mpande zombi.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.