Chairman w’umuryango wa RPF-Inkotanyi, Paul Kagame yagize icyavuga ku bihugu by’i bituranyi n’iki gihugu cy’u Rwanda.
Bikubiye mu butumwa perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagejeje ku baturage ibihumbi 2550, bari kuri site ya Gisa mu rugerero mu karere ka Rubavu, kuri iki Cyumweru cy’ejo hashize, aho yari mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda.
Paul Kagame yatangarije abari bamwitabye ko u Rwanda rushaka kubana neza cyane n’abandi ndetse abishimangira avuga ko ahanini rushaka kurushaho kubana neza cyane cyane n’ibihugu byo muri Afrika n’abandi bohirya.
Yagize ati: “Kuri twe icya mbere ni ukubana neza. Ariko iyo wubaka ushaka kubana neza ugomba no kwitegura ‘ese utashaka kubana neza nawe agashaka kukugirira nabi , uriteguye?’ Icyo gisubizo gikenewe nicyo duhora dushakisha uburyo bwacyo. Tugakora ibitureba, tukiteza imbere ibyabandi ni ibyabandi, ibyacu tukamenya ko ari ibyacu.”
Perezida Paul Kagame yatangaje ko uwakwifuriza u Rwanda inabi ntaho yanyura, ko ibyo u Rwanda rwagezeho byose bishingiye ku mutekano, ukwiriye gusigasirwa.
Ati: “Nta kintu wageraho hatari umutekano. Umutekano ni ngombwa kandi utangwa naburi muntu wese, mwebwe nk’abanyarwanda nimwe ba mbere mu ruhare rw’u mutekano. Izi nzego zibishinzwe nimwe zubakaho.”
Yakomeje avuga agira ati: “Mubona uwakwifuriza u Rwanda inabi yabinyurahe? Ntaho kandi uko dutera imbere, uko twubaka byinshi niko dukomeza kubaka n’ubushobozi bw’u mutekano kugira ngo ibyo twubaka bizarambe.”
Ibindi yibukuje abari aho ko mu muco nyarwanda, ukugabiye umwitura urwo rukundo n’amajyambere ya kugejejeho, ko bityo nabo bakwiriye kuzitura umuryango mu Ntara.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.