Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, cyemeje ko habaye kugerageza guhirika ubutegetsi bw’iki gihugu.
Nibimaze gutangazwa n’umuvugizi w’igisirikare cya RDC, General Sylvain Ekenge, aho yakoresheje radio na telivisiyo by’iki gihugu, atangaza ko mu mwanya ushize i Kinshasa, abashinzwe umutekano bataye muri yombi abashatse guhirika ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, nyuma y’uko babanjye gukora ibisa no guhangana n’igisirikare cya leta.
Ubutumwa, Gen Sylvain Ekenge yatanze, buvuga ko mu rukerera rwo kuri uyu wo ku Cyumweru, hagaragaye agatsiko kabantu baje bitwaje intwaro, maze ngo batera mu biro by’u mukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, inzego z’u mutekano zibata muri yombi.
Ubutumwa buvuga ko kandi aka gatsiko kari kayobowe na Christian Malanga Musumari, n’umuhungu we basanzwe bari batuye muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Yakomeje avuga ko uyu Christian Malanga Musumari wari uyoboye iki gitero cyari kigamije guhirika ubutegetsi, ko yishwe, ndetse n’umuhungu we n’abandi bafatikanije, inzego zishinzwe umutekano zibasha kubahagarika.
Mu butumwa bwa mashusho bwo bwagiye hanze bugaragaza ko hafashwe n’umuzungu ufite ubwene gihugu bwa leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yafatanywe hamwe n’umuhungu wa Christian Malanga, w’imyaka 22.
Kugeza ubu i Kinshasa ku murwa mukuru wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, haracyari ubwoba bwinshi, ahanini mu gace kabarizwamo ibiro bikuru by’u mukuru w’iki gihugu.
Christian Malanga Musumari wagerageje guhirika ubutegetsi aza no kuhasiga ubuzima, n’inde?
Ahagana mu 2010, uyu Christian Malanga Musumari yashinze umutwe wa politiki, awita New Zaïre, avuga ko ugamije kugarura amatwara y’u butegetsi bw’uwahoze ari perezida Mobutu Sese Seko Kukungwendo Wazabanga.
Hari nyuma y’uko yari yagerageje kandi guhirika ubutegetsi bwa perezida Joseph Kabila Kabange; icyo gihe kandi igisirikare nticyaje ku mworohera, gusa, akizwa aruko yahunze igihugu.
Kuri ubu Christian Malanga Musumari, yari ayoboye aba diaspora muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu kugaba kiriya gitero, Christian Malanga Musumari, hamwe n’itsinda yari ayoboye baje bitwaje intwaro, n’idarapo rya Zaïre iryahozwe rikoreshwa ku butegetsi bwa Mobutu.
Hashize imyaka 27 ubutegetsi bwa Mobutu buhiritswe n’umutwe wa AFDL wari uyobowe na Laurent Désire Kabila, hari ku itariki ya 17/05/1997, aho Mobutu yahise ahungira muri Maroc, abari naho apfira.
Kugeza ubu haracyari abaharanira kugarura amatwara ya Mubutu.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Ubwo Général ntibimukunsiye azagerageza ubutaha na banze yitonde Béton ali maso