Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23/01/2024, leta y’u Burundi, yahakanye amagambo aherutse gutangazwa na Perezida w’icyo gihugu, Evariste Ndayishimiye, avuga ko yatangaje ko yiteguye gufasha urubyiruko rwo mu Rwanda gukuraho ubutegetsi bwa Kigali.
Nk’uko bigaragara itangazo leta ya Bujumbura, yashize hanze, ririho umukono w’umunyamabanga wa Guverinema y’u Burundi, Jerome Niyonzima, rinagaragaza ko rya ndikiwe i Gitega, k’u murwa mukuru wa politike w’igihugu c’u Burundi, mu gihe Bujumbura yo ari umurwa mukuru w’ubutunzi w’icyo gihugu.
Iri tangazo rigira riti: “Hari abakwirakwije ibitandukanye n’ibyo Perezida Evariste Ndayishimiye, yavuze, bo bishiriramo ibijanye n’ibyifuzo byabo.”
“Abakwirakwije ibyo binyoma bari bagamije guhisha ikibazo nyacyo kiri hagati y’u Rwanda n’u Burundi.”
Ir’itangazo rikomeza rivuga ko leta y’u Burundi yamaganye “Abakomeje gukwirakwiza ibitaribyo .”
Amagambo ya Perezida Evariste Ndayishimiye, yazanye impaka nayo aherutse gutangariza urubyiruko rw’Abanyekongo, ubwo yarafitanye n’abo ikiganiro kuri Hotel Fleuve Congo, iherereye i Kinshasa, mu gihugu ca Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Leta y’u Burundi, isohoye itangazo mu gihe Kigali yari yamaganye ibya tangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye, aho bamushinja kuba yaratangaje ko “Azafasha Abanyarwanda kuvanaho ubutegetsi yise ko ari bubi, ko kandi azafasha urubyiruko rw’Abanyarwanda kwibohora.”
Yagize ati: “Ndibaza ko n’urubyiruko rwo mu Rwanda, rutazakomeza kwemera kuba imfungwa mu karere bagomba kubohorwa bakavanaho ubuyobozi bu bi.”
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.