Umvugizi w’ungirije w’u Rwanda, yagarutse ku biheruka gutangazwa na Tshisekedi ko “azarasa i Kigali, Perezida Paul Kagame, akarara kure y’urugo rwe mu ishyamba.”
Umuvugizi w’u Rwanda, wungirije Alain Mukuralinda, yagarutse ku biheruka gutangazwa na perezida Félix Tshisekedi, yavuze ko bigaragaza neza ko adasobanukiwe ibyo arimo.
Perezida Félix Tshisekedi, aheruka gutangaza ko igisirikare ca RDC, gifite ubushobozi budasanzwe bwo kurasa i Kigali, bicyaye i Goma.
At: “Icyogihe perezida Paul Kagame, w’u Rwanda, yarara kure y’urugo rwe mu ishyamba.”
Mu kiganiro Alain Mukuralinda, yahaye itangaza Makuru ry’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu, tariki 20/12/2023, yagize ati: “Iyaba Tshisekedi yari azi neza Perezida Kagame mbere yo kugera aho ari, we yari mu ishyamba no myobo. Hubwo se Tshisekedi yigeze se basi ayijyamo, azi ibyo aribyo?”
“Kagame we, azi intambara niyo mpamvu atayiriza k’u munwa, azi ibyo aribyo kuko yaraye rwantambi, yaraye mu myobo, yaraye no mu ishyamba.”
Mukuralinda, yakomeje avuga ati: “U Rwanda ntirwakirirwa ruterana amagambo n’Abayobozi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hubwo bo bashize imbere guharanira umutekano urambye w’Igihugu no gusigasira ubusugire bwacyo. Kora ndebe iruta vuga numve.”
Yanavuze ko ntahantu amateka agaragaza ko Tshisekedi, yigeze arwana intambara. Amateka ya Tshisekedi n’uko ubwo yari atuye i Burayi yakoraga akazi ko gutwara abagenzi akoresheje i Modoka nto za “Tax Voiture,” ndetse ko yigezeho no gukora akazi ko gukora isuku mu Mihanda y’i Brussel mu Bubiligi akora nakazi ko gucuruza ibyo bita “Piza.” Yavuye aha ajya kw’iyamamariza kuyobora i Gihugu cya RDC.
Mukuralinda Alain, muricyo kiganiro, yavuze ko leta ya Kinshasa, ihorana imigambi yo gukuraho ubutegetsi bwa Kigali.
Ati: “Iyo ni Gahunda yakozwe ikorwa inshuro ninshi u Rwanda rwagiye rubisobanurira Abanyarwanda n’abandi. Hari ibintu bibiri, hari Gahunda yo kugenda bavuga ko Kigali, ar’iyo nyiribayazana w’ibibazo byose biri muri RDC. Buriya n’ubwo hoba i Nama ya Nairobi na Luanda nahandi, ariko igikuru RDC ishaka n’intambara gusa.”
Mukuralinda, yongeyeho kandi ko ibyo Tshisekedi yavuze mbere yo kw’iyamamaza yagaragaje ko ashaka intambara, kuko yavuze ko azashigikira umuntu wese uzashaka guhirika u butegetsi bwa Kigali.
Ati: “Buracya akavuga ati: perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ni nka Hitler nzanagerageza ko azarangiza nka Hitler. I kindi gihe akavuga ati: perezida Paul Kagame, sinzongera ku muvugisha tuzavuganira mw’Injuru.”
Umuvugizi w’u Rwanda, avuga ko amagambo ya Tshisekedi, batagomba kuyafata nk’imikino.
Ati: “Si amagambo atanga ihumure ahubwo ni amagambo ya gashozantambara.”
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.