Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo akanaba na Minisitiri w’itumanaho muriyo leta ya Kinshasa, Patrick Muyaya, yemeje ko abanyekongo bifuza ko igisirikare ca RDC (FARDC), cakwinjira mu ntambara n’u Rwanda; gusa akavuga ko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, bushize imbere uburyo bwa mahoro mu gukemura amakimbirane bafitanye n’u Rwanda.
Minisitiri Patrick Muyaya yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 18/10/2023.
Yagize ati: “Abanye-Congo benshi bashaka intambara, bashaka ko dushira iherezo ku bikorwa by’u Rwanda burundu. Iki ni cyo cyifuzo cy’abanye-Congo.”
Yakomeje agira ati: “Twebwe turi muri Guverinoma turatekereza rwose ko Perezida wa Repubulika atekereza ko intambara atari amahitamo meza, kubera ko intambara igira ingaruka nyinshi. Turi mu nzira ya mahoro kubera ko tugomba gukemura ikibazo kimaze imyaka 20 cyarananiranye.”
Muyaya yatangaje ibi mu gihe intumwa yihariye y’Umuryango w’Abibumbye mu karere k’ibiyaga bigari, Huang Xia, aheruka kubwira akanama ka Loni ko bishoboka cyane ko RDC ishobora kwisanga mu ntambara n’u Rwanda.
Ni nyuma y’iminsi 18 imirwano yubuye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hagati y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23 Kinshasa ivuga ko ufashwa n’u Rwanda.
U Rwanda ku rundi ruhande rushinja Ingabo za Congo kugirana imikoranire n’umutwe wa FDLR basangiye umugambi wo kuruhungabanyiriza umutekano.
M23 imaze igihe isaba Leta ya Congo ko bajya mu biganiro, gusa Kinshasa yarahiye ko itazigera na rimwe ijya mu biganiro n’uyu mutwe.
Abakurikiranira hafi amakimbirane y’impande zombi bahuriza ku kuba Congo ishize imbere gahunda yo gukoresha ingufu za gisirikare mu rwego rwo gutsinda uriya mutwe.
Amb. Huang cyakora ashimangira ko “igisubizo cya gisirikare cyonyine ntigishobora kuzana amahoro arambye”, akavuga ko bikenewe ko impande zombi zikomeza kuganira mu rwego rwo gukemura ibibazo biriho.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.