Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 21/08/2023, saa 9:20Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Mali na Burkina Faso bahaye ubufasha igihugu ca Niger ibikoresho by’intambara harimo indege. ibi babikoze mu rwego rwo guha umusada agatsiko k’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa kiriya gihugu nimugihe bikekwa ko iki gihugu gishobora kugabwaho ibitero n’Ingabo z’Umuryango wa CEDEAO.
Aya makuru ashimangirwa na raporo iheruka gusomerwa kuri Televiziyo y’Igihugu ya Niger igaragaza ko Mali na Burkina Faso bashyigikiye Niger, ndetse ko ibihugu byombi byamaze kohereza indege z’intambara ku mipaka ya kiriya gihugu.
Ibiro Ntaramakuru ’Anadolu Agency’ by’abanya-Turkiya byasubiyemo amakuru ari muri iriya raporo avuga ko “Mali na Burkina Faso byahinduye umuhate wabyo mo igikorwa gifatika, binyuze mu kohereza indege z’intambara zo kugira icyo zikora ku gitero cyose cyagabwa kuri Niger.”
Indege zoherejwe nizo mu bwoko bwa Embraer EMB 314 Super Tucano.
Ibi bihugu byombi byafashe iki cyemezo, nyuma y’uko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize abagaba bakuru b’Ingabo z’ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Iburengerazuba (CEDEAO) bemeranyije umunsi bazatereraho Niger.
Ni igitero kiri mu rwego rwo gushaka uko Perezida Mohamed Bazoum wahiritswe ku butegetsi mu kwezi gushize yabusubizwaho, bijyanye no kuba ibiganiro hagati ya CEDEAO n’abasirikare bahiritse Bazoum nta cyo byigeze bitanga.
Kuva muri Niger haba Coup d’État, ibihugu bya Mali, Burkina Faso na Guinée-Conakry byitandukanyije na CEDEAO bisanzwe bibereye abanyamuryango; bigaragaza ko bishyigikiye ubutegetsi bwa gisirikare bumaze hafi ukwezi buyoboye Niger.
Ibi bihugu mu itangazo rihuriweho basohoye rigaragaza ko bidashyigikiye gahunda ya CEDEAO yo gukoresha ingufu za gisirikare mu gusubizaho Bazoum, ndetse binamaganira kure ibihano uriya muryango wafatiye Niger
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.