Ibivugwa mu Burasirazuba bw’igihugu ca Repubulika ya Demokarasi ya Congo no muri Congo yose muri rusange.
Komisiyo y’igenga ishinzwe gutegura amatora (CENI), nyuma y’uko itangaje ibya vuyemo, abo mu bwoko bw’Ababutu bigometse ku butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, ni mu gihe mu badepite hatigeze hatsinda nu mwe ndetse no mu bavuga ururimi rw’ikinyarwanda.
Bya navuzwe ko ibi byatumye insoresore z’Abahutu n’abandi bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, berekeza mu mutwe wa M23 ari benshi, kugira barwanye ubutegetsi bwa Tshisekedi.
Nk’uko bikomeje kuvugwa n’uko muri Rutsuru abo mu bwoko bwa Banande batsinze Amatora kuru gero rwo hejuru. N’ubwo Abanande aribo batsinze ariko abavuga ururimi rw’ikinyarwanda muri Rutsuru barenga miliyoni zitandatu, bityo rero kuba ba buze umudepite n’umwe, bya baye imbarutso yo kurwanya Tshisekedi n’agatsiko ke.
Abanande, kuba batsinze, bikekwa ko bya ba biva ku kuba ari abantu bagira amacyakubiri kandi ko banze ubutegetsi bw’uwahoze ari perezida Joseph Kabila.
Ibyo bya garagaye ubwo Joseph Kabila yari amaze kuva ku ngoma abanande batwitse amazu ye i Beni n’ahandi.
Andi makuru n’uko i Masisi, mugace ka Kobokobo, hazindutse humvikana urufaya rwa masasu menshi. Gusa uduce tumazemo iminsi tuberamo imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo za RDC, ni mu nkengero za Sake, Mulemule na Matanda.
Amakuru y’ukuri n’uko Drone na Sukhoï-25, FARDC yifashisha mukurasa mu birindiro bya M23 kuri ubu ntizikoreshwa ni nyuma y’uko M23 ihanuye drone ya Fardc yo mu bwoko bwa Ch-4, iyo bahanuriye mu bice byo muri Kibumba, teritware ya Nyiragongo.
Andi makuru avuga ko SADC zamaze gukambika i Sake, Mubambiro ndetse n’umuhanda uja Minova.
Ibya SADC, birimo agasaku ni mugihe hagize igihe havugwa ko SADC itavuga rumwe n’ubuyobozi bw’Ingabo za FARDC, aho ndetse Urugemero rwa Inga, leta ya Kinshasa yamaze kuburira igihugu cya Afrika y’Epfo ko SADC nira muka idafashije FARDC kurwanya M23 itazongera kubaha umuriro bahora barahura kuri urwo rugemero rwa Inga.
Ibi bya tumye Afrika y’Epfo ivana abasirikare bayo bari muri MONUSCO, bo mw’itsinda rya Intervation rapide bari Lubero, ibohereza kurwanya M23.
Ariko hakaba hari hasanzwe havugwa ko SADC idashaka ko FARDC izayobora operasiyo yo kurwanya M23 hubwo ko SADC ar’iyo izayobora ibyo ubuyobozi bw’Ingabo za FARDC yanze kuva rugikubita.
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional
Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes.The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.